Ahabanza Amakuru Abo turibo Amamaza Twandikire Umuryango Mail
Ibirimo
RDB Ads
BPR Ads
QQP Ads
Radio Izuba
Radio Flash
RSS Feed
Google Ads
Umuryango
igihe.com ifite Abanyamuryango
3800
. : : Iyandikishe : :
IndwaraAstuces

Ishimwe Igihozo Jessica: ku myaka 11 arwariye mu bitaro bya CHUK, umutima we uri iburyo, akeneye ubufasha (updated)


posted on Sep , 03 2010 at 19H 27min 37 sec viewed 33851 times



Ishimwe Igihozo Jessica, ni umwana w’umukobwa ufite imyaka 11. Nyina Umubyara yitwa Murekatete Bernadette. Jessica, afite ikibazo cy’uburwayi bumukomereye kuva akiri umwana, gusa yatangiye kuba mu Bitaro Bikuru bya Kaminuza bya Kigali kuva mu kwezi kwa gatanu gushyira ukwa gatandatu uyu mwaka wa 2010.

Afite indawara idasanzwe kuko ubundi nk'uko umutima ubusanzwe uba ibumoso, we yavutse umutima we uri iburyo. Ibi byamuteye ikibazo cy’imihumekere kugeza ubwo ibihaha bye bitabasha guturana n’umutima waje mu mwanya utari uwawo, bituma akenera icyuma kimufasha guhumeka.

Kuva yatangira kuba mu bitaro, amezi atatu arashize. Ntashobora gutandukana n’iki cyuma kimufasha guhumeka kuko aramutse akivanyeho yahita ahera umwuka ndetse akaba yanakwitaba Imana mu mwanya muto cyane. Jessica Gihozo yatangiye kuba mu bitaro bya CHUK yigaga kuri St Jacob Primary school, Kigarama – Kimisange.

Mama we, Murekatete Bernadette yatangaje ko ngo mbere y'uko atangira kuba mu bitaro, yajyaga amujyana ku Ishuri, ku Rusengero gusenga amuhetse mu mugongo kuko atabashaga kuba yagenda ahantu niyo haba hato ahita abura umwuka. Kuri ubu rero, abana n’iki cyuma kimufasha guhumeka kugira ngo abashe kubaho.

Dr Gahenda Vincent ni umuganga mu bitaro bya CHUK, akaba ari mu babungabunga ubuzima bw’uyu mwana, atangaza ko uyu mwana ashobora kuvurwa agakira, ariko bikaba bisaba ko yajyanwa mu mavuriro yo mu bihugu byateye imbere mu buvuzi akomeye, kuko atekereza ko mu karere u Rwanda ruherereyemo atahamya ko hari ababasha kuvura uyu mwana.

image

image

image

image

image

Ishimwe Igihozo Jessica akeneye ubufasha bwawe!

Uyu mwana yavutse afite ikibazo cy’umutima wagiye iburyo kandi ubusanzwe umutima w’umuntu uba ibumoso, kuri uyu munsi amaze igihe kirenga amezi 3, mu Bitaro Bikuru bya Kaminiza bya Kigali, Centre Hospitalier Universtaire de Kigali (CHUK).

Uyu mwana ntiyamara akanya adafite ibyuma bimufasha guhumeka bita Bomboni, yahuye n’abaganga benshi batandukanye ariko kumuvura byaranze, gusa Dr GAHENDA Vincent atangaza ko bishoboka ko yavuzwa agakomeza kubaho.

Ubufasha bwihutirwa Ishimwe Igihozo Jessica akeneye ni akuma kamufasha guhumeka mu buzima bwe mu gihe atarabona uburyo yajyanwa hanze hakageragezwa uburyo bwo kumuvura. Ako kuma kitwa “Niconcetrateur”. Gusa ako Kuma ngo karahenze kuko kagura amafaranga y’u Rwanda agera kuri 1.500.000. Mama we akaba atangaza ko adafite ubu bushobozi bwose, yaba kumugurira aka kuma, yaba no kumujyana mu bihugu byateye imbere mu buvuzi, nta na kimwe ashoboye. Iyi ni yo mpamvu hakenewe ubufasha bwa buri wese ugira umutima ukunda kandi utabara.

Ubuzima bw’uyu mwana nawe wabutangamo umusanzu kugira ngo abeho. Mu buryo bwo gufasha Igihozo Jessica, ushobora kugura umupira wa Jessica kuri UTC, ushobora no gutanga amafaranga kuri konti ye iri muri KCB, nimero zayo ni 4400398455.

Nimero zo koherezaho sms zikaba zitari gukunda, uwashaka kumufasha yakoresha izo nimero za konti ya mama we twatanze aho ruguru.

image

Jessica na mama we

image

image

Jessica n'inshuti ze

image

Jessica ari kwiga

Moise TUYISHIMIRE
facebook
More Articles | >>View all news in this category
Wari uzi ko mu misego habamo mikorobe nyinshi mu buryo utacyeka ?
 
Imibare: ubwandu bwa sida mu rwanda bumaze kugabanuka
 
Kigali: ubutabazi bw’ibanze buzatanga umusanzu ku kugabanya impfu z’abana bato
 
Niyo naba ngiye gupfa sinakongererwa amaraso- umuyoboke w’idini ry’abahamya ba yehova
 
Umubare w’abarwayi b’indwara ya kanseri y’ibere ukomeje kwiyongera
 
Nta mpamvu ikwiye gutuma umwana w’ umunyarwanda avukana ubwandu bwa sida- minisitiri binagwaho
 
Kudakoresha amavuta atukuza birinda ingaruka zitari nke
 
Karongi: ingamba nshya zo kurinda ko abana banduzwa virusi itera sida na ba nyina
 
Buri mwaka mu rwanda hagaragara abarwayi b’ igituntu bakabakaba 8000- dr. gasana
 
Page:1 | | 2| | 3|
AuthorsComments
Page:1 | | 2| | 3|
by ericum2004 Posted 2010-12-10 11:33:44

maman jessy burya hano turi ni kw'isi ariko hari aho tutazahura nimibabaro cyangwa uburwayi bukomeye nkubwa jolie jesca uwiteka nyirijuru n'isi ati"yeremiya 33:3" bityo rero ntiwihebe kubabara ni ibyakanya gato umbwirire jessy uti"Yezu aragukunda"




 
by angemigno4 Posted 2010-10-11 04:17:49

Birababaje cyane ariko Imana ishobora byose ndizerako Imana izakora ibikomeye kuri Jessica kandi na Maman we nakomeze agire ukwihangana kandi ahange Imana amaso !
Leta y`u Rda n`abanyarwanda baribakwiriye kubatera ingabo mu bitugu.
Nifuzaga kumenya neza aho Jessy arwariye ngo nzamusure, niba bishoboka.Merci




 
by irapeaces Posted 2010-09-30 02:56:31

hamwe no kwizera Imana Jeniss azakira turamusengera kdi Maman we ahumure kristo ashobora byose Amen




 
by osmans691 Posted 2010-09-28 03:31:00

uyu mwana arababaje cye ariko kuvuga Gitwaza,leta, padiri wahe nahe sinzi leta sicyo gisubizo ubu uciye mu tubari twaho ikigali wasanga tudakora cg ukoze mu mifuko yabakozi wasanga ntakirimo ahubwo n 'imitima ya bantu yabaye nkiyinyamaswa nta mpuhwe bakigira uwo mwana mwiza uzaba n 'umuyobozi wejo hazaza.Abasenga musenge cyane isi irngiye nabi kubona uri mu buzibu nkubu akaba akisekera bambi Imana izagufasha ma humura ndashaka number ya mama we plse




 
by b640410 Posted 2010-09-25 09:24:20

Hari igitekerezo cyo gutakambira Apotre GITWAZA na Padiri w ' I Remera. Ngo niho hatangirwa amaturo meshi mu Rwanda hose. Ese bageneye uyu Mwana icyumweru kimwe bagakusanya amturo yose y ' icyumweru akagurwa iyi appareil. Mudufashe iki gitekerezo kigere kwa GITWAZA na PADIRI w ' i REMERA. Amafranga agura HUMMER ya GITWAZA arengeye ubuzima bwa ba JESSICA mirongo.




 
by mu_lelie Posted 2010-09-18 10:36:28

Imana izagufasha kandi uzakira!!!
Imana ibane nawe!!!




 
by dusabekerry Posted 2010-09-18 10:16:13

Igihozo yihangane kuko twiteguye kumubasha turi benshi,gusa nakwibutsa nka Justin watangiye ubutumwa bwe nimvugo itari nziza,yisubireho.




 
by bella83 Posted 2010-09-16 21:49:23

hallo




 
by rurajustin Posted 2010-09-15 09:35:53

Imana niyo nkuru.Naho hatagira ugira ubuntu, Imana izamufasha kandi azabaho.
Bavandimwe mufite ubushobozi,kandi muri benshi,kuko biragaragara iyo urebye uko abantu bidagadura mubyo Imana yabahaye.koko twagize impuhwe tukagira icyo dukorera Igihozo?
Nitutabikora Imana izabikora tube duhemukiye ubusa.Ariko kubera iki amateka atatwigisha? N 'abanganiki barundanije ubutunzi bwishi hanyuma bakabusiga batyo bataburiye ntanigikorwa cyiza bakoze? bikwiriye kutubera Isomo.
Abatunze nimwe mubwirwa kandi muri benshi.
Abumva ijwi ry 'Imana ntimuzuyaze gutabara Gihozo.

Imana ikomeze guhira abanyabuntu kuko bazakomeza kubugirwa.




 
by uwase Posted 2010-09-09 15:24:39

Humura Jessica Imana irakuzi kandi iragukunda uzakira, Maman Jessica ukomeze ugire ubutwari kandi ukomere Imana izabikora




 
by kamachristo12 Posted 2010-09-09 10:55:39

mbonye igitekerezo, ko abahanzi bajya bakora ibitaramo byo gufasha abatishoboye, ubu nibura habaye nkabifatanya bagakora concert yo gukusanya inkunga yo gufasha jessica koko!! vraiment umuntu akoreshe uburyo bwiza bwose afite tubone cash zo kuvuza jessica bcs this is our Rwanda child and she may become president or Minister,,plz let 's together help her




 
by humuura Posted 2010-09-08 16:43:52

Mana ndagusaba ubutunzi kugirango mbashe gufasha ababikeneye bose nka ka Jessica.Mbigusabye nkomeje kandi nizeye,mu izina rya Yesu,urakoze ko unyumvise,ko ugiye kubikora kandi ko ugiye gukiza burundu Jessica,Amen.

Ndabasaba umubyeyi wa Jessica,nakira azatangaze inkuru ko Jessica yakize dushimire Imana. Iyo Mana mvuga yakijije abana b 'umuvandimwe wanjye bari barembye sida,ejo bundi aha yakijije n 'undi muvandimwe nawe wari urembye na sida,nimureke dusenge Imana dusenga irumva,irakora,iravuga,iradukunda,itwitaho,ni muganga w 'abaganga bose,irashoboye,....uko ikunda abandi kandi ni ko ikunda Jessica.Si umugambi wayo kandi ko Jessica aguma kuriya,buriya burwayi si ubwo kumwica,ahubwo ni ubwo kwerekaniramo ko ari igihangange.So,mwitegure n 'abatemera ibyo Imana yakoze bagiye kubibona vuba,ndabyizeye,Mana kora nta kikunanira.Mwami Yesu wakijije abarwayi batandukanye,wazuye n 'abapfuye,wakijije abavandimwe sida,uko wari uri ni ko na n 'ubu ukimeze,ntuhinduka,kora rero na Jessica umukize kimwe n 'abandi barwayi benshi barembye,isi imenye ko uri Imana kandi ko nta wakwirigiye ukorwa n 'isoni,
Aman
Amen




 
by Unknown Posted 2010-09-08 05:53:25

Ndanezerewe cyane kubera umpuhwe mukomeje kugirira uyu mwana ari inkunga cg isengesho byose birakenewe.Imana ikomeze kubagwiriza kubebera ubufasha bwanyu mukomeza kugirira uyu mwana.jessica courage turi kumwe igihe cyose.




 
by 1502 Posted 2010-09-07 15:47:51

@Minisanté:
Uyu mwana w 'umunyarwanda utishoboye mwamugiriye nk 'ibyo mugirira abakire bazwi b 'abategetsi mukamwohereza hanze kwivuza?

@Abihayimana

Ese ko muturisha amaturo menshi,abadamu banyu bakajya kubyarira muri Amerika kandi bashobora no kubyarira mu Rwanda,mwakoreye Imana uyu mwana mukamufasha kwivuriza hanze?Urukundo mutwigisha mwarushyize mu bikorwa koko

Murakoze,icyo nzi ni uko Imana irakomeye,mwebwe tubwira mwabikora mutabikora uyu mwana Imana igomba kumukiza au nom de Jesus.Kumufasha ni umugisha uba ukoreye.

@Mama w 'umwana Famille ye

Mushyire umutima mu nda,Imana yamenye ikibazo cy 'umwana,ibisigaye izabikora.Ntimuzirarire ngo yenda ahari muzi guhaguruka kurusha abandi,oya.Byose ni ubuntu bw 'Imana kandi muzibuke kuyishima igihe umugambi wayo wo gukiza umwana izaba iwusohoje,murakoze




 
by Unknown Posted 2010-09-07 14:50:17

ariko mana mana koko kuki ibi byose biba ureba tabara uyu mwana udukundishe kumufasha nkabana ukunda twumve ko uyu mwana agomba kuvuzwa




 
by kanangaus Posted 2010-09-07 14:21:12

mureke dufashe gihozo uko umunyemuhwe wese yishoboye. Icyo cyibazo niyanga imbere y 'imana.leta nitwe.kdi gihozo azatubera ishema nkabanyaswanda




 
by bebe Posted 2010-09-07 08:27:07

Mana yo mu ijuru tabara uyu mwana akire ubuzima kuko ntakikunanira .Amen




 
by mujero4 Posted 2010-09-07 02:03:33

Nukuri jye narize, Imana niyo nkuru, imfashe nzagire icyo marira Jessica. nawe kandi wabashije kubimenya:wakwigomwa byeri y 'ukwezi, icyayi se... ariko bitekerezeho!!




 
by b640410 Posted 2010-09-06 13:43:09

Uyu mwana ni umujyambere, ni uwacu twese kandi ni INSHINGANO ZA LETA y ' UBUMWE KUMUVUZA AGAKIRA. Kuki familles/families z ' abakomeye zoherezwa muri South Africa/INDIA ntibamenyeko n ' uyu mwana akeneye kubaho? Ababonana na Maman we nibamufashe agere kwa Ministri w ' ubuzima. Kuki abagore bajya kubyarira South Africa, America, Uburayi ntibatekereze ko uyu Mwana akeneye kubaho? Uyu mwana avuwe niwe wazaba Ministri ejo kandi ntiyakwibagirwa kugirira neza abamuzi n ' abatamuzi. We ni umunyarwanda ntiyazarobanura abajya kwivuza/kubyarira South Africa/India/America, etc.

Mudufashe uyu mwana avurwe, mudufashe Maman w ' uyu mwana agere kwa Minisante, mudufashe Minisante asure uyu mwana kandi amwehereze kwivuza hanze. AKENEYE KUBAHO. Wowe usoma iyi nkuru umumariye iki? Dufatanye twese Ministri yoherereze uyu mwana kwivuza. Imana ibahe umugisha kandi tugire twese umutima ukunda. ese wowe watanze iki kuba waravutse ufite umutima wawe ibumoso? Tekereza ugire impuhwe zo guhamagarira minisante gufasha uyu mwana niba nudafite amafranga yo gutanga!




 
by nsengiyumvafrancoise Posted 2010-09-05 13:05:43

Uyu mwana naramusuye mu itaro. Aranejeje nubwo ababye ariko ahorana ibyishimo. Ikindi kandi ni umuhanga ahora arota gusubira mu ishuli. Ni ukuri umuntu wabasha ku mufasha twese dushyize hamwe yaba amufashije kugera ku ndoto ze. Imana ibahe umugisha.




 
by jmwongereza Posted 2010-09-05 12:00:39

Ndizera nashidikanya ko JESSICA agiye kuvurwa kandi agakira kuko numva ko igihe kigeze.Nyagasai we mugenga wabyose aramuzi kandi agiye gushyiraho iherezo uburwayi bwe bukire.Ndahamagaritra abafite umutima w impuhwe gufasha uyu mwana we Rwanda rwejo.Mama komeza wihangane kandi ukomere Turagusengera.




 
by yfcpfamily Posted 2010-09-05 02:38:11

uyu mwana akeneye ubufasha kdi twese dushyize umwete twamufasha arko ntago bihagije kuko acyeneye ubufasha bwihuse akaba ariyo mpamvu dusaba governement rwanda ko yangira icyo imufasha




 
by helpigihozo Posted 2010-09-04 15:51:31

niba ushaka kugira ubufasha utanga waha jessica , ndetse n undi wifuza kumenya amakuru kuri Jessica wakoresha email: helpigihozo@gmail.com uhita uhabwa uburyo bwose naho uriho ku isi uko wamufasha kandi byakoroha
kubantu batari bazi numb za comptes n 'ibindi
tukaba twishimiye kandi uburyo nk 'abanyarwanda mukoze kudufasha kubonera uyu mwana uko yabaho , Imana ikomomeze ibafashe




 
by nicish2001 Posted 2010-09-04 08:31:19

Ngautse kuri commentaire yanjye hejuru .Ya appareil mbonye uko yitwa neza ni CONCENTRATEUR DE L 'OXYGENE.




 
by nicish2001 Posted 2010-09-04 08:11:53

Njye hari akabazo gato ngize munsobanurire.
Iyi appareil (Niconcetrateur)ivuzwe hejuru ko nkoze recherches muri google kungirango ndebe ko nayigura aho mba i burayi nkaba mbona bari kumpa klk chose qui n 'a rien avoir avec la maladie de Jessica.Ni mukosore turebe ko byashoboka basi umuntu akayigura ino tukayohereza.Ibihe byiza kuri Jessica.




 
:) :D ;) :p
:lol: :euh: :( :o
:colere2: o_O ^^ :-째
Email Adress :
Place your comment here:
(Maximum characters: 1000)
You have characters left.
Choose your avatar:
Copyright © 2009 - 2010 - IGIHE Ltd - All Rights Reserved
Ibyerekeye iyubahirizwa ry’ubuzima bwite (Privacy policy) | Uburyo bw'imikoreshereze (Terms of use)
Our blog : http://igiheltd.blogspot.com