Ahabanza Amakuru Abo turibo Amamaza Twandikire Umuryango Mail
Ibirimo
RDB Ads
BPR Ads
QQP Ads
Radio Izuba
Radio Flash
RSS Feed
Google Ads
Umuryango
igihe.com ifite Abanyamuryango
3800
. : : Iyandikishe : :
IndwaraAstuces

Wari uzi ko mu misego habamo mikorobe nyinshi mu buryo utacyeka ?


posted on Jun , 26 2011 at 15H 43min 57 sec viewed 11198 times



Imisego ikoreshwa mu buryamo yose haba kwa muganga cyangwa mu rugo iba ikeneye isuku ya buri munsi kuko ibamo za mikorobe nyinshi umuntu adashobora kubonesha amaso. Ibi ni ibyo ubushakashatsi bwakorewe mu bitaro bya Saint-Bartholomew byo mu mujyi wa Londres mu gihugu cy’u Bwongereza bwatangaje.

Abashakashatsi bo muri ibi bitaro bavuga ko buri musego ukoreshwa mu buriri buri joro, ibamo udukoko duto umuntu atabonesha ijisho. Tumwe muri utwo dukoko tuba ari tuzima utundi twarapfuye, bituma ibisigazwa byatwo aribyo biba buyuzuye mu mwenda w’umusego.

Abo bashakashatsi bagaragaje ko muri utwo dukoko kandi harimo utudapfa kwicwa n’imiti yica udukoko (Incecticides), tukaba aritwo dutera ahanini abantu indwara zitandukanye zirimo ibicurane, za hépathites, ibiheri (varicelle) na virusi zitandukanye.

Umuganga mu bijyanye n’isuku Frédéric Saldmann yavuze ko ibisego ari igice gihurirwaho cyane n’imyanda isohoka mu mubiri w’umuntu irimo icyuya, amarira, amacandwe yaturutse ku gukorora no kwitsamura.

Kubera mu ijoro umubiri w’umuntu ugenda utakaza uturemangingo hakiyongeraho n’ubushyuhe buba mu musego, bituma umusego uhinduka ahantu heza udukoko na za mikorobi nyinshi zibera. Ubu bushakashatsi bwagaragaje ko amavuriro ariyo agira za mikorobi nyinshi kubera ko ariho haba abantu benshi basimburana kandi n’isuku yaho ari nke.

Emmanuel N Hitimana
facebook
More Articles | >>View all news in this category
Wari uzi ko mu misego habamo mikorobe nyinshi mu buryo utacyeka ?
 
Imibare: ubwandu bwa sida mu rwanda bumaze kugabanuka
 
Kigali: ubutabazi bw’ibanze buzatanga umusanzu ku kugabanya impfu z’abana bato
 
Niyo naba ngiye gupfa sinakongererwa amaraso- umuyoboke w’idini ry’abahamya ba yehova
 
Umubare w’abarwayi b’indwara ya kanseri y’ibere ukomeje kwiyongera
 
Nta mpamvu ikwiye gutuma umwana w’ umunyarwanda avukana ubwandu bwa sida- minisitiri binagwaho
 
Kudakoresha amavuta atukuza birinda ingaruka zitari nke
 
Karongi: ingamba nshya zo kurinda ko abana banduzwa virusi itera sida na ba nyina
 
Buri mwaka mu rwanda hagaragara abarwayi b’ igituntu bakabakaba 8000- dr. gasana
 
Page:1 |
AuthorsComments
Page:1 |
by nibyosekoko Posted 2011-06-26 08:55:03

bantu mukunda kurara mu ma rodge murapfuye murashize! Hepathite murayizi ubwo? ahubwo nibatubwire niba na VIH itihishamo ubundi tuzice burundu niho abana b' u rwanda batera ubusugi bakiri ku ibere.




 
:) :D ;) :p
:lol: :euh: :( :o
:colere2: o_O ^^ :-째
Email Adress :
Place your comment here:
(Maximum characters: 1000)
You have characters left.
Choose your avatar:
Copyright © 2009 - 2010 - IGIHE Ltd - All Rights Reserved
Ibyerekeye iyubahirizwa ry’ubuzima bwite (Privacy policy) | Uburyo bw'imikoreshereze (Terms of use)
Our blog : http://igiheltd.blogspot.com