Ahabanza Amakuru Abo turibo Amamaza Twandikire Umuryango Mail
Ibirimo
RDB Ads
BPR Ads
QQP Ads
Radio Izuba
Radio Flash
RSS Feed
Google Ads
Umuryango
igihe.com ifite Abanyamuryango
3800
. : : Iyandikishe : :
IndwaraAstuces

Imibare: Ubwandu bwa SIDA mu Rwanda bumaze kugabanuka


posted on Jun , 14 2011 at 14H 04min 53 sec viewed 6880 times



Nyuma y’ ingufu nyinshi u Rwanda (nka kimwe mu bihugu byagiye birangwa n’ imibare y’ ubwandu iri hejuru guhera mu myaka ya za 1990) rwashyize muri gahunda zo kurwanya icyorezo cya SIDA, hamaze guterwa intambwe yo kwishimirwa kuko nk’ uko byatangajwe n’ inzobere mu by’ ubuzima; igipimo cy’ ubwandu kimaze kujya munsi ya 3%.

Kuva mu myaka 10 ishize, u Rwanda rwateye intambwe igaragara mu rwego rwo kwitura umutwaro w’ icyorezo cya SIDA cyugarije isi muri rusange na Afurika ku buryo bw’ umwihariko; gutera intambwe kw’ u Rwanda byavuye mu mbaraga Leta yashyize mu bikorwa byo gukangurira abaturage kwirinda ndetse no muri gahunda zitandukanye z’uburezi nk’uko Dr. Placidie Mugwaneza ukora mu kigo cy’ igihugu gishinzwe kugenzura indwara zandura (TracPlus), yabitangarije abari bitabiriye inama mpuzamahanga ku bushakashatsi bw’ agakoko gatera SIDA yateraniye i Kigali.

Nk’uko byatangajwe na RNA dukesha iyi nkuru, umuntu wa mbere wagaragayeho ubwandu bw’ agakoko gatera SIDA yagaragaye muri 1983. Nyuma y’ imyaka 3 gusa mu baturage bo mu mijyi habarurwaga ubwandu bungana na 17,8%, bituma u Rwanda rubarwa mu bihugu nyafurika byari byibasiwe n’ icyorezo cya SIDA kurusha ibindi.

Kuri uyu munsi mu Rwanda, igipimo cy’ ubwandu mu bantu bakuze kiri munsi ya 3%, bivuga ko iyi mibare isaga hafi ½ cy’ ibipimo bibarurwa mu bihugu by’ Afurika y’ Uburasirazuba nka Uganda na Kenya. Uko imibare igaragaza ubwandu yagabanutse ni nako imibare w’ ababana n’ ubwandu bw’ agakoko gatera SIDA ndetse n’ iy’impfu nayo yagabanutse.

Mu kiganiro Dr. Asiimwe Anita yagiranye na RNA, yagize ati: “Hakozwe byinshi ngo tugere kuri iyi ntambwe, gushishikariza abaturage gusobanukirwa n’ icyorezo cya SIDA ndetse no kucyirinda ni kimwe mu byakozwe.”

Yakomeje agira ati: “Abantu benshi bamaze kumenya ko muri iki gihugu hari ikibazo cy’ icyorezo cya SIDA, kandi bamaze no gusobanukirwa uburyo bakwanduramo n’ uburyo bakwirinda.”

Kongerera abaturage uburyo bwo kwirinda, kwisuzumisha ngo bamenye uko bahagaze, ndetse n’ ubujyanama nabyo byagize uruhare rukomeye mu kugabanya imibare y’ ubwandu mu myaka 10 ishize. Dr. Asiimwe yavuze ko mu myaka ishize abakorerabushake ari bo bakoraga ibikorwa byo gusuzuma n’ ubujyanama, ariko ngo kuri ubu 85% by’ ibitaro n’ ibigo nderabuzima byo mu Rwanda bitanga izi serivisi.

Imibare itangwa na USAID igaragaza ko kwipimisha hagati y’ abashakanye byazamutse bikava kuri 13% muri 2003 bikagera kuri 84% muri 2009.

Usibye kwipimisha, ibikorwa byo kurindira abana mu nda za ba nyina byarongerewe kuko muri 2001 hafashwaga abagore basaga 11, ariko muri 2009 bari bageze kuri 372.

Madamu Mugwaneza yatangarije RNA ko kuri ubu 98% by’ abagore banduye bahabwa imiti (antiretroviral) ibafasha kutanduza abana batwite. Aha imibare igaragaza ko muri 2001 abagore banduzaga abana batwite bari 30,5% ariko baragabanutse kuko muri 2010 bari bamaze kugera kuri 2,3%.

Mu mwaka w' 2002 u Rwanda rwari rufite ibigo bitanga imiti ifasha abagore kutanduza abana bisaga 4 ariko muri 2007 byari bimaze kuzamuka byageze ku 150 ndetse na benshi mu barwayi babigana bavurirwa ubuntu.

Hejuru ku ifoto: Dr Anita Asiimwe uyobora Komisiyo y'Igihugu Ishinzwe Kurwanya SIDA (CNLS)

UMUHOZA N. Jessica
facebook
More Articles | >>View all news in this category
Wari uzi ko mu misego habamo mikorobe nyinshi mu buryo utacyeka ?
 
Imibare: ubwandu bwa sida mu rwanda bumaze kugabanuka
 
Kigali: ubutabazi bw’ibanze buzatanga umusanzu ku kugabanya impfu z’abana bato
 
Niyo naba ngiye gupfa sinakongererwa amaraso- umuyoboke w’idini ry’abahamya ba yehova
 
Umubare w’abarwayi b’indwara ya kanseri y’ibere ukomeje kwiyongera
 
Nta mpamvu ikwiye gutuma umwana w’ umunyarwanda avukana ubwandu bwa sida- minisitiri binagwaho
 
Kudakoresha amavuta atukuza birinda ingaruka zitari nke
 
Karongi: ingamba nshya zo kurinda ko abana banduzwa virusi itera sida na ba nyina
 
Buri mwaka mu rwanda hagaragara abarwayi b’ igituntu bakabakaba 8000- dr. gasana
 
Page:1 |
AuthorsComments
Page:1 |
by ami Posted 2011-06-28 07:23:53

Ubwo bushakashatsi ni ubwaryari se bahu!!! Kugabanuka ni byiza ariko se koku abant 84% mu bashakanye baza kwipimisha koko?
Ese iyi mibare muri rusange si imihimbano koko? murarye muri menge ahubwo kuko uko tuyivuga tuyihishe niko iratumara aho bukera.Amahoro Dusabe imana bibe ari impamo.
Mu ndaya se bigeze he? Aba homosexuel se byo bigeze he? Mujye mwicecekera Imana niyo ibizi




 
by mastshany Posted 2011-06-27 05:03:08

nibyiza cyane SIDA yaragabanutse kuburyo bushimishije, ariko abagore nibafashe abagabo kubibutsa agakingirizo igihe cyo gukora imibonano mpuzabitsina kuko akenshi abagabo ntibajya bakiyibutsa.
kandi bajye bakunda kwipimisha kugirango bamenye aho bahagaze




 
by Unknown Posted 2011-06-25 04:02:55

SIDA KO ARIIBANGA MWAGIYE MUSENGERA ABAYI RWAYE GUSA
IBINDIKO ARI RUGIRA ABIZI!!NONESE YAGABANUTSE ITE?
KOBESHI BAYIRWAYE BATAZANGOTURWAYE SIDA!!
BANTU B'IMANA IGIHE AMAKURU MUDUHA NABWO ARIMABI ARIKO
SINAMEZA!!NIBANGAHE BARWAYE SIDA MUBURAYI?HOIRIYONGERA
MURWANDA IKAGABANUKA !!MWANDIKA RIMWE NARIMWE IBYO
MUTAZI !!JYEWE SIMVUZEMESHIKUKO NDI UMUGANGA NKORA MURI RABURATWARI
BISHATSE KUVUGAKO BYOSE BITAJYA MUMUGARAGARO OKO!OYA!!




 
by adasangwa Posted 2011-06-24 04:22:48

Yaaa is very nice smiley




 
by Unknown Posted 2011-06-14 07:18:40

Ni byiza, ariko ubusambanyi bawriyongereye.




 
:) :D ;) :p
:lol: :euh: :( :o
:colere2: o_O ^^ :-째
Email Adress :
Place your comment here:
(Maximum characters: 1000)
You have characters left.
Choose your avatar:
Copyright © 2009 - 2010 - IGIHE Ltd - All Rights Reserved
Ibyerekeye iyubahirizwa ry’ubuzima bwite (Privacy policy) | Uburyo bw'imikoreshereze (Terms of use)
Our blog : http://igiheltd.blogspot.com