Niyo naba ngiye gupfa sinakongererwa amaraso- Umuyoboke w’idini ry’Abahamya ba Yehova
posted on Jun , 14 2011 at 11H 17min 12 sec viewed 8028 times
Ku wa 14 Kamena ni umunsi ngarukamwaka isi yose yizihizaho umunsi wo gutanga amaraso, nyamara bamwe mu bayoboke b’idini ry’Abahamya ba Yehova bavuga ko gutanga amaraso cyangwa kuyahabwa ari icyaha gikomeye.
Angélique ni umwarimukazi mu mashuri abanza mu karere ka Gasabo, ni umuyoboke w’idini ry’Abahamya ba Yehova. Avuga ko gutanga cyangwa guhabwa amaraso ari icyaha gikomeye, kabone n’iyo waba ugiye gupfa cyangwa ushaka kuyahabwa agiye gupfa.
Agira ati “Sinatanga amaraso yanjye kabone n’iyo yaba ari umwana wanjye ugiye gupfa sinayamuha kandi nanjye sinakwemera kuyahabwa kuko ni icyaha bibiliya ibuza.”
Yongeraho ati “Twemera kumvira Imana kurusha kurengera ubuzima bwacu mu mafuti.”
Angélique avuga ko ibi byanditse mu gitabo cya Bibiliya mu Byakozwe n’Intumwa 15:28-29. Uyu murongo ugira uti :
“Hamwe n’umwuka wera twashimye kutabikoreza undi mutwaro keretse ibi bikurikira: Kwirinda Ibyaterekerejwe, ibishushamyo, gusambana , ibinizwe n’amaraso. Ibyo bose nimubyirinda muzaba mukoze neza. Murabeho.”
Angélique avuga ko Abahamya ba Yehova kandi baba bafite amakarita abemerera kudahabwa amaraso. Iyi karita ndetse n’Angélique atunze ubwe yanditseho mu nyuguti nini aya magambo “Ntuntere amaraso.”
Angélique yongeraho ko ibi bidashobora gushyira mu kaga umuganga uba umukurikirana kuko ngo umurwayi w’umuhamya wa Yehova abanza gusinya ko atagomba guterwa amaraso.
Kuri iyi karita kandi basabwa kwitwaza igihe cyose usangaho aya magambo bavuga ko ashobora kurengera umuganga kuba atashyirwa mu kaga. Ayo magambo ni aya: “…Nemeje ko abaganga, abatera imiti y’ibinya, ibitaro n’abakozi babyo ntacyo bagomba kuryozwa ku bihereranye n’ingorane zishobora guturuka ku mahitamo yanjye yo kwanga guterwa amaraso…”
Umukecuru witwa Mariya utuye mu mujyi wa Kigali, si umuyoboke w’idini ry’Abahamya ba Yehova ariko avuga ko yari afite umuhungu witeguraga kurangiza muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda i Butare muri Physique mu mwaka wa 2010, akaza kuba umuyoboke w’idini ry’Abahamya ba Yehova ageze muri iyi kaminuza.
Uyu mukecuru avuga ko uyu muhungu we ubwo yari arwariye mu bitaro bya Kaminuza i Butare, abaganga bamubwiye ko agoma kongererwa amaraso akabyanga kugeza apfuye.
Agira ati “Idini ryatumye mbura umwana wanjye, nk’ubu umuhungu wanjye yagiye muri koma yamaze gusinya ko atazaterwa amaraso kandi muganga yambwiye ko aramutse yemeye guterwa amaraso yakira, ariko bagenzi be bamporaga iruhande ngo ntamuteresha amaraso kugeza apfuye.”
Umukangurambaga mu kigo cy’igihugu cyo gutanga amaraso, Mukamazimpaka Alexie avuga ko abantu banga gutanga amaraso atari benshi.
Agira ati “Two kubica ku ruhande abantu banga gutanga amaraso ni abayehova, ariko icyiza ni uko tubifashwamo n’andi madini kumvisha abafite imyumvire yo kudatanga cyangwa kudahabwa amaraso.”
Mukamazimpaka akomeza avuga ko gutanga amaraso nta kibazo kirimo kuko ngo muganga ariwe umenya niba ukwiye gutanga amaraso yasanga byakugiraho ingaruka akabikubwira.
Akomeza avuga ko kugirango abatanga amaraso biyongere, bari kongera amashami y’aho batangira amaraso bagasubizaho ibigo byariho mbere ya jenoside ndetse bakanongeraho ibindi.
Umuryango Mpuzamahanga wita ku Buzima OMS uvuga ko kugirango ukeneye amaraso wese ayabone ari uko mu baturage 1 000, icumi muri bo baba batanga amaraso.
Gerard GITOLI Mbabazi
|