Ahabanza Amakuru Abo turibo Amamaza Twandikire Umuryango Mail
Ibirimo
RDB Ads
BPR Ads
QQP Ads
Radio Izuba
Radio Flash
RSS Feed
Google Ads
Umuryango
igihe.com ifite Abanyamuryango
3800
. : : Iyandikishe : :
Amakuru atandukanyeHirya no hinoUtuntu n'utundiUyu munsi mu mateka

Umuherwe wo muri Uganda yerekanye ku karubanda akayabo k 'amadolari mu rwego rwo gucecekesha abamuvuga nabi!


posted on Sep , 03 2010 at 16H 12min 37 sec viewed 10280 times



Mu rwego rwo guhanagura no kunyomoza burundu ibihuha byari bimaze iminsi bihwihwiswa mu Mujyi wa Kampala aho byavugwaga ko yasubiye ku isuka ndetse akaba ngo yararengewe n’amadeni, umuherwe w’umuganda, Michael Ezra yatumiye abanyamakuru kuri uyu wa Kane maze adandaza imbere yabo miliyoni 3 z’amadolari.

Nkuko tubikesha The New Vision, mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru kuri Emin Pasha Nakasero Hotel, Bwana Ezra w’imyaka 37 y’amavuko, yatangaje ko amadeni afite yonyine ari miliyari imwe y’amashilingi, aya akaba ayafitiye Ikigo cya Uganda Gishinzwe Kwishyura Imisoro n’Amahoro, ndetse na miliyoni 400 z’amashilingi (mu mafaranga y’u Rwanda ni ukugabanya gatatu) afitiye Banki y’Ubucuruzi ya Uganda. Yasobanuye ko we n’abafatanyabikorwa be bari mu nzira zo kuyishyura yose.

Muri ibyo byose yanze gutangaza mazina y’abafatanyabikorwa be, yewe n’amafaranga baba barahurije hamwe uko angana.

image

Ezra Michael ari imbere ya miliyoni ishatu z'amadolari ayamurikira abanyamakuru na rubanda ngo baceceke

Ezra yavuze ko icyamutindije kwishyura aya madeni ari uko we n’abavoka be bari bakiga ku kuba yakwishyura we ku giti cye cyangwa se akaba yafatanya n’abafatanyabikorwa be.

Yatangaje ko kuba yafashe icyemezo cyo kudandaza akayabo k’amadolari imbere y’abanyamakuru yabitewe no kuba mu binyamakuru byo muri Uganda hari hamaze iminsi hacamo inkuru zimuvugaho byinshi bibi, birimo kuba yarasubiye ku isuka, amadeni yaramurenze ndetse ngo akaba yari hafi guhunga igihugu kubera ibibazo ngo yarimo.

Yivugiye ko we ari umuntu ntagereranywa, kandi ko n’abakire nka Bill Gates nabo bagira amadeni. Yavuze ko atazi umuntu n’umwe ukora ubucuruzi mpuzamahanga utagira amadeni.

Foto: New Vision

Kayonga J.

facebook
More Articles | >>View all news in this category
U buyapani: lady gaga arakekwaho kurya ku mafaranga yo gufasha abasizwe iheruheru n’umutingito
 
Ikoti rya michael jackson ku isoko ku gaciro gasaga miliyari y'amanyarwanda
 
Uretse abagabo babiri bo kubihamya, ubukwe bwa james bond na rachel weisz bwatashywe n’abana babo gusa
 
Berlin: ababana bahuje ibitsina bakoze urugendo basaba ko babona abo bashakana
 
Kadhafi avuga ko abakoloni bashaka kumuhitana ngo bigarurire ubutunzi bwa libiya
 
Uretse gucungirwa umutungo, justin bieber ajya ahura n’ibindi bibazo
 
Honduras: amamodoka arahagarara akareka indege igatambuka
 
Kibagabaga: umubyeyi yibarutse abana batatu b’abahungu
 
Facebook: cindy lincoln ngo iyo atagira facebook ntaba agifite ubuzima
 
Page:1 |
AuthorsComments
Page:1 |
by Unknown Posted 2010-09-09 01:46:36

nibyo kwemeza aba contre succes




 
by Unknown Posted 2010-09-08 01:55:50

NANJYE NDEMEYE UYU MWANA ARAFISE KAZOZA




 
by mukapela Posted 2010-09-07 03:29:52

nta mpamvu yo kwisobanura ku bantu ubereka ko ukize kuko umukiro mwiza ni uwa roho kurusha uwumubiri.




 
by hezafierte Posted 2010-09-03 09:27:23

Uyu mwana arasobanutse, imyaka 37 akaba afite 3million z 'amadorali!! ntasanzwe kabisa!




 
:) :D ;) :p
:lol: :euh: :( :o
:colere2: o_O ^^ :-째
Email Adress :
Place your comment here:
(Maximum characters: 1000)
You have characters left.
Choose your avatar:
Copyright © 2009 - 2010 - IGIHE Ltd - All Rights Reserved
Ibyerekeye iyubahirizwa ry’ubuzima bwite (Privacy policy) | Uburyo bw'imikoreshereze (Terms of use)
Our blog : http://igiheltd.blogspot.com