Mu rwego rwo guhanagura no kunyomoza burundu ibihuha byari bimaze iminsi bihwihwiswa mu Mujyi wa Kampala aho byavugwaga ko yasubiye ku isuka ndetse akaba ngo yararengewe n’amadeni, umuherwe w’umuganda, Michael Ezra yatumiye abanyamakuru kuri uyu wa Kane maze adandaza imbere yabo miliyoni 3 z’amadolari.
Nkuko tubikesha The New Vision, mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru kuri Emin Pasha Nakasero Hotel, Bwana Ezra w’imyaka 37 y’amavuko, yatangaje ko amadeni afite yonyine ari miliyari imwe y’amashilingi, aya akaba ayafitiye Ikigo cya Uganda Gishinzwe Kwishyura Imisoro n’Amahoro, ndetse na miliyoni 400 z’amashilingi (mu mafaranga y’u Rwanda ni ukugabanya gatatu) afitiye Banki y’Ubucuruzi ya Uganda. Yasobanuye ko we n’abafatanyabikorwa be bari mu nzira zo kuyishyura yose.
Muri ibyo byose yanze gutangaza mazina y’abafatanyabikorwa be, yewe n’amafaranga baba barahurije hamwe uko angana.
Ezra Michael ari imbere ya miliyoni ishatu z'amadolari ayamurikira abanyamakuru na rubanda ngo baceceke
Ezra yavuze ko icyamutindije kwishyura aya madeni ari uko we n’abavoka be bari bakiga ku kuba yakwishyura we ku giti cye cyangwa se akaba yafatanya n’abafatanyabikorwa be.
Yatangaje ko kuba yafashe icyemezo cyo kudandaza akayabo k’amadolari imbere y’abanyamakuru yabitewe no kuba mu binyamakuru byo muri Uganda hari hamaze iminsi hacamo inkuru zimuvugaho byinshi bibi, birimo kuba yarasubiye ku isuka, amadeni yaramurenze ndetse ngo akaba yari hafi guhunga igihugu kubera ibibazo ngo yarimo.
Yivugiye ko we ari umuntu ntagereranywa, kandi ko n’abakire nka Bill Gates nabo bagira amadeni. Yavuze ko atazi umuntu n’umwe ukora ubucuruzi mpuzamahanga utagira amadeni.
Foto: New Vision
Kayonga J.