Robert Gates ari muri Afghanistan mu rwego rwo kubonana na Karzai na Petraeus
posted on Sep , 03 2010 at 14H 10min 32 sec viewed 2649 times
Umunyamabanga ushinzwe ingabo, muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Robert Gates, yageze kuri uyu wa kane, mu murwa wa Kabul, mu gihugu cya Afghanistan, aho agomba kuganira na Perezida wa Afghanistan, Hamid Karzai, n’Umuyobozi mukuru w’umutwe ushinzwe ubwirinzi mu gace ka Atalantika (NATO), Gen. David Petraeus.
N’Umuyobozi wa Pentagon, nawe arateganya gusura ingabo za Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, ziri muri Afghanistan.
Gates, yavuye Baghdad, kuri uyu wa kane, mu gitondo, agana i Kabul; muri Baghdad, yari yahagiye mu rwego rwo kwitabira ibirori, byo gusoza ubutumwa ingabo za Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zarimo muri Iraq.
Isozwa ry’ubutumwa bw’ingabo za Leta Zunze Ubumwe z’Amerika muri Afghanistan, ubu ngo naryo riri gutegurwa. Ingabo ebyiri za Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, zaguye muri Afghanistan ku wa kabiri ry’iki cyumweru.
MIGISHA Magnifique
|