Ahabanza Amakuru Abo turibo Amamaza Twandikire Umuryango Mail
Ibirimo
RDB Ads
BPR Ads
QQP Ads
Radio Izuba
Radio Flash
RSS Feed
Google Ads
Umuryango
igihe.com ifite Abanyamuryango
3800
. : : Iyandikishe : :
Amakuru atandukanyeHirya no hinoUtuntu n'utundiUyu munsi mu mateka

Afurika y’Epfo iri gukora itegeko rigenga abanya Zimbabwe badafite uburenganzira bwo kuba muri icyo gihugu


posted on Sep , 03 2010 at 10H 21min 33 sec viewed 1366 times



Guverinoma y’Afurika y’Epfo ivuga ko igiye gushyira hanze itegeko ryihariye rigenga abaturage ba Zimbabwe basuhukiye muri Afurika y’Epfo, bitewe n’ikibazo cy’Ubukungu buri hasi, ndetse n’ihohoterwa rishingiye kuri Politiki. N’ubwo iki cyemezo cyafashwe abanya Zimbabwe, baracyacyurwa ku ngufu.

Umuvugizi wa Leta y’Afurika y’Epfo, Themba Maseko, yabwiye televisiyo CNN, ko igihugu cye kiri mu gikorwa cyo kwirukana abanya Zimbabwe kizarangirana na tariki ya 31 Ukuboza, uyu mwaka. Ibi bizaza gusoza igikorwa cyatangiye muri Mata 2009, cyemereraga abanya Zimbabwe ko baguma muri Afurika y’Epfo, badafite urwandiko rw’inzira ndetse nta na visas bafite.

Amashyirahamwe aharanira uburenganzira bwa muntu muri Zimbabwe na Afurika y’Epfo, yanenze kiriya cyemezo ku wa Gatatu, cyo kuba abaturage birukanwa. Ndetse ko ari imwe mu ntwaro yo gusubiza inyuma Demokarasi muri Zimbabwe, yari imaze guterwa.

Maseko, yavuze ko ba Minisitiri b’Ububanyi n’amahanga b’ibihugu byombi, bemeranije kuri iki gikorwa cyo gucyura abanya Zimbabwe, baba bitemewe n’amategeko muri Afurika y’Epfo. Ariko n’ubwo bimeze gutyo ngo Leta ya Zimbabwe, yiteguye guha impapuro abanya Zimbabwe, baba muri Afurika y’Epfo, ngo ntibyakozwe mbere, kuko Zimbabwe yari itaragira ubushobozi bwo gukora izo mpapuro, bitewe n’ihungabana ry’Ubukungu.

MIGISHA Magnifique
facebook
More Articles | >>View all news in this category
Minisitiri w’intebe makuza ari mu nama y’afurika yunze ubumwe, aho biga ku kongerera ubushobozi urubyiruko
 
Nyuma ya raporo ivuga ko mu rwanda abana bashorwa mu buraya, hafashwe ingamba zikumira iyi ngeso
 
Afghanistan: abatalibani bahitanye abantu icumi mu gitero bagabye i kaboul
 
Gicumbi:hatashywe amacumbi yubakiwe abatishoboye
 
Monaco: ku myaka 53, igikomangoma albert ii arava mu buselibateri kuri uyu wa gatandatu
 
Kigali: komisiyo y'u rwanda ikorana na unesco yamuritse ibikorwa byayo ku mugaragaro
 
U bufaransa : urukiko rwimuye urubanza ingabo z’u bufaransa ziregwamo gufata abagore ku ngufu mu 1994
 
Abagore bari mu nteko ishinga amategeko bavuga ko abagore bagenzi babo bagihura n’ihohoterwa
 
Beijing: amahanga ntiyishimiye uruzinduko rwa perezida wa sudani mu bushinwa
 
Page:
AuthorsComments
Page:
:) :D ;) :p
:lol: :euh: :( :o
:colere2: o_O ^^ :-째
Email Adress :
Place your comment here:
(Maximum characters: 1000)
You have characters left.
Choose your avatar:
Copyright © 2009 - 2010 - IGIHE Ltd - All Rights Reserved
Ibyerekeye iyubahirizwa ry’ubuzima bwite (Privacy policy) | Uburyo bw'imikoreshereze (Terms of use)
Our blog : http://igiheltd.blogspot.com