Kuri uyu wa gatanu ku cyicaro cy’ikigega cya leta kigenewe gutera inkunga abacitse ko icumu batishoboye (FARG) habereye ikiganiro n’Abanyamakuru.
Muri icyo kiganiro cyari cyitabiriwe n’abayobozi b’agateganyo ba FARG, Abafatanyabikorwa bayo hamwe n’abahagarariye abagenerwabikorwa. Icyari kigamijwe kwari ukwerekana uko ishusho rusange y’ibikorwa FARG imaze kugera ho kugeza ku wa 31 Kanama uyu mwaka.
Umuyobozi mukuru w’agateganyo wa FARG Bwana Ruberangeyo Théophile yabanje kwerekana uko ikigega gihagaze kugeza ubu, aho ubu umubare w’abanyeshuri bafashwa n’ikigega ugera kuri 40,963 bari mu mashuri yisumbuye ndetse na kaminuza. Abubakiwe amazu ni 34,604, mu gihe abasigaye kubakirwa ari 3,489. Abakenewe gusanirwa ni 12,908, abagurishije amazu ni 876, abubakiwe batabikwiye ni 144, abubakiwe amazu abiri ni 126, abafite uburwayi bunyuranye ni 17,011, naho abakeneye inkunga y’ingoboka ni 23,830. Hari kandi abasabye inkunga y’imishinga itanga inyungu, abemerewe inkunga, abahawe inkunga, abahawe inka ndetse n’abubakiwe ibiraro.
Mu nzitizi zagaragajwe hakaba hari umubare w’abagenerwabikorwa uhindagurika, abashaka gufashwa batabikwiye, amikoro ya leta adahagije, Structure ya FARG itanoze, ndetse n’imikorere y’ikigega n’inzego z’ibanze itaranoga neza.
Nyamara n’ubwo izo mpungenge zose zihari kuri ubu hari gahunda icyo kigega cyihaye mu rwego rwo kurushaho gukemura ibyo bibazo. Muri gahunda y’uburezi harimo kwishyura ibirarane mu mashuri yisumbuye na za kaminuza, gutangaza lisiti y’abanyeshuri bazarihirwa umwaka utaha wa 2011, ndetse no gutanga umwirondoro ntakuka wabo. Hari kandi gahunda yo kunoza itangwa ry’amacumbi ndetse n’uko yubakwa, kunoza database y’amacumbi no gutuma uturere tuyikoresha, ndetse no gushyira mu bikorwa imyanzuro yafashwe na komisiyo y’igenzura ry’amacumbi.
Muri gahunda y’ubuvuzi harimo gutegura uko imisanzu ya mutuelle izatangwa no gushyiraho gahunda yo kuvura abafite indwara zihariye. Muri gahunda y’imishinga hari ugukurikirana imikoreshereze y’inkunga ndetse no kureba niba inkunga ihabwa abayikwiye koko.
Mu bibazo abanyamakuru bibanzeho hari uburyo abayobozi ba FARG bahindagurika buri gihe, dore ko kuva ikigega cyajyaho kimaze kuyoborwa n’abayobozi bagera kuri batandatu mu myaka 12 gusa. Kuri icyo kibazo umuyobozi ushinzwe imiyoborere myiza muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’Igihugu Bwana Eugène Barikana akaba yasobanuye birambuye ko guhindagurika kw’Abayobozi biterwa no kutubahiriza inshingano, bityo rero umuyobozi utubahiriza inshingano akaba agomba kuva kuri uwo mwanya kugirango hashakwe umurusha umusaruro. Yavuze ko abayobozi bavuyeho mu minsi ishize ari ukubera ko batubahirije inshingano kandi hakaba hari harimo ikibazo cyo kudakorana neza n’abafatanyabikorwa ndetse n’abagenerwabikorwa, ibyo byose bigatera ibibazo akaba ariyo mpamvu MINALOC yahisemo gushyiraho komite nyobozi y’abateganyo igomba gushakira umuti ibisubizo by’ibibazo byabaye akarande muri icyo kigega.
Muri icyo kiganiro kandi hibanzwe no ku mibereho y’abacitse ku icumu ndetse hagaragazwa n’ibindi bibazo byinshi by'ibanze ku banyeshuri barihirwa n’ikigega, uburyo babayeho ndetse n’abacitse ku icumu rya jenoside batishoboye. Abafatanyabikorwa ba FARG nabo bakaba bagiriye abayobozi bashya ba FARG inama z’uko barushako kubahiriza inshingano zabo ndetse no gukorera hamwe.
Twabamenyesha ko ikigega FARG cyashyizweho n’itegeko no 02/98 ryo kuwa 22/01/1998, ryaje kuvugururwa. Intego y’iki kigega akaba ari ugufasha no gutera inkunga abacitse ku icumu rya jenoside yakorewe abatutsi batishoboye.
Inama y’abaminisitiri yateranye tariki ya 29 Mutarama uyu mwaka nibwo yashyizeho Ildéphonse Niyonsenga ku buyobozi bwa FARG, akaba yaraje guhagarikwa ku itariki ya 25/08/2010. Uretse umunyamabanga nshingwabikorwa, hanahagaritswe n’abandi babiri bari mu myanya by’agateganyo; abo ni uwari ushinzwe imari n’ubutegetsi, n’uwari ushinzwe gahunda muri FARG. Abo bayobozi ba FARG bahagaritswe nyuma y’aho hari hamaze iminsi hagaragara ibibazo by’abanyeshuri birukanywe ku mashuri yabo nyuma yo kutisanga ku rutonde rw’abagombaga kurihirwa na FARG.
Abakozi ba FARG, abanyamakuru n'abandi bitabiriye ari benshi
Komite nshya ya FARG na bwana Barikana (ubanza ibumoso)
Komite nshya ya FARG
Umuyobozi mukuru Théophile n'ushinzwe imari David bati “mu mezi atatu tugomba kwerekana impinduka”
MUHIRWA Olivier/Igihe.com