Ku myaka 9 gusa, umwana w’umunyarwanda Abdallah Cyusa, yitabiriye irushanwa ryo kuvuga imirongo y’igitabo gitagatifu Quran ryabereye I Dubai, abasha kuza muri 40 ba mbere, ndetse aba ari na we mwana wenyine wabashije kuboneka mu batsinze banyuma.
Akigera ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kanombe, Cyusa yahise avuga imirongo imwe ya Quran yafashe mu mutwe, abari baje kumwakira barimo umuryango we, bamwe mu bakuriye idini rya Islam mu Rwanda barimo Mufti w’u Rwanda Sheikh Habimana Saleh, ndetse n’abanyamakuru, bose batangaye.
Cyusa yageze mu Rwanda kuri uyu wa Kane, akaba yari amaze ukwezi kose I Dubai muri iri rushanwa riba rigamije gutuma abantu bafata mu mutwe Quran, aho yari yaraherekejwe na se umubyara, Kassim Rwabakika, uyu akaba ari umuyisilamu ukomeye ku idini rye.
Abdallah Cyusa Ku kibuga cy'Indege i Kanombe
ari kumwe na se umubyara, na Mufti w'u Rwanda
Mufti w’u Rwanda yatangarije abanyamakuru ko mu bitabiriye ririya rushanwa Cyusa ari we wenyine wasomwe ku gahanga n’Umwami wa Dubai, Sheikh Mohammed bin Rashid al-Maktoum, ibi ngo umwami akaba abikora nk’ikimenyetso cyerekana ko yishimiye umuntu asomye byimazeyo. Yavuze ko ubusanzwe abami b’Abarabu baramukanya n’abantu ku ntugu ubundi bagasomwa ku maboko, rero ngo bikaba bidasanzwe kubona Sheikh Maktoum yarasomye Cyusa.
Ubwo bari ku munsi wa nyuma w’irushanwa, Cyusa yaje yambaye ibendera ry’u Rwanda mu gihe abandi bari bambaye amakanzu asanzwe ya kiyisilamu, Mufti w’u Rwanda yavuze ko ibi byatangaje umwami wa Dubai cyane.
Mufti w’u Rwanda Sheikh Habimana Saleh yatangaje ko umwami wa Dubai yasabye ko Cyusa yazasubirayo n’umuryango we nyuma yo kwizihiza umunsi mukuru w’irayidi (Eid el Fitr) wegereje.
Hejuru ku ifoto:
Umwami wa Dubai Sheikh Mohammed bin Rashid al-Maktoum ari gusoma ku gahanga Abdallah Cyusa nyuma yo kwitwara neza mu marushanwa.
Foto: The New Times
Emmanuel N.