Hagati ya Nyanza FC na Esperance FC imwe irarara mu cyiciro cya mbere
posted on Jun , 29 2011 at 10H 20min 27 sec viewed 2276 times
Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 29 Kamena 2011 abakunzi b’ umupira w’amaguru mu Rwanda bararara bamenye ikipe ya mbere izakina mu cyiciro cya mbere Primus National Football League 2011/2012.
Nyuma y'aho imikino yo mu matsinda mu cyiciro cya kabiri irangiriye hagafatwa amakipe 8 yakinnye imikino ya ¼ kirangiza, ubu imikino igeze muri ½ cy'irangiza mu mikino yo kwishyura. Umukino utegerejwe uyu munsi ikipe ya Nyanza FC n’ umutoza wayo Antoine Rutsindura uzwi ku izina rya Mabombe baraba bafite akazi katoroshye imbere y’ ikipe ya Espérance FC yabatsinze igitego 1-0 mu mukino ubanza.
IGIHE.com yaganiriye na rutahizamu w’ ikipe ya Esperance FC, Vincent adutangariza ko baraye i Nyanza, bakaba biteguye neza umukino n’ ikipe ya Nyanza aho bashaka kujya mu cyiciro cya mbere bidasubirwaho.
Vincent ati “turabizi na Nyanza irakomeye kandi nayo irakina ishaka kutwishyura. Ibi biraza gutuma ifungura ku buryo dushobora kubabonamo igitego nk'uko tubyifuza. Turamutse tubatsinze igitego hakiri kare byabagora kuko baba basabwa kudutsinda ibitego 3”.
Umutoza w’ ikipe ya Nyanza Rutsindura yabwiye itangazamakuru ko kuba baratsinzwe igitego kimwe i Kigali bidasobanuye ko basezerewe, kuko hakiri iminota 90 y’ umukino wa kabiri kandi bazawukinira i Nyanza ku kibuga cyabo aho bumva bafite amahirwe menshi.
Undi mukino utegerejwe ukazahuza ikipe ya SEC na Espoir kuri uyu wa kane tariki ya 30 Kamena 2011 ku kibuga cya SEC. Mu mukino ubanza aya makipe yanganyije igitego 1-1.
Mu kiganiro IGIHE.com yagiranye n’ umwe mu bakurikirana ikipe ya Espoir FC yadutangarije ko ikipe ya Espoir igiye guhaguruka yerekeza i Kigali aho irarara kugirango izakine umukino abakinnyi baruhutse; akaba yakomeje adutangariza ko umukinnyi bari babuze ukina inyuma ku ruhande rw’ ibumoso kubera amakarita 2 y’ umuhondo witwa John aza kugaragara muri uyu mukino bikaba bizabongerera ingufu kuko mu mukino ubanza urwo ruhande rwagaragaje ingufu nkeya bituma banganya 1-1.
Kuwa Gatatu tariki ya 29 Kamena 2011
Nyanza vs Esperance
Kuwa Kane tariki ya 30 Kamena 2011
SEC vs Espoir
Kuri uyu wa Gatatu hararara hamenyekanye ikipe imwe hagati ya Nyanza FC na Espérance FC igombe kuzamuka mu cyiciro cya mbere, indi ikazamenyekana ku munsi w'ejo zikazasimbura ikipe ya Musanze FC na Muhanga zamanutse mu cyiciro cya kabiri.
Egide MUGISHA
|